Noneho irajya izitsinda umugenda! Hamenyekanye umutoza APR FC igiye guhe akazi

Umunya-Serbia Darko Nović ashobora kugirwa Umutoza mushya wa APR FC iheruka gutandukana na Thierry Froger mu mpera z’umwaka w’imikino.

APR FC ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yavuze ko iratangaza umutoza vuba aho amakuru yahise ahwihwiswa ko ari uyu munya Libya. Amakuru avuga ko APR FC yamaze guhitamo Umunya-Serbia Darko Nović ngo abe ari we uzayibera umutoza.

Umunyamakuru wo muri Ghana, Micky Jr uri mu batangaje mbere iyi nkuru, yavuze ko Nović azahabwa amasezerano azageza mu 2026, arimo ingingo yo kuyongera.

Uyu mugabo w’imyaka 52, yatoje amakipe arimo ES Sétif, US Monastir n’Ikipe y’Igihugu ya Libya. Amakuru avuga ko ashobora guhabwa amasezerano azageza mu 2026, arimo ingingo yo kuyongera.