Sankara yasobanuye uko urupfu rwa Yanga rwatumye ava ku nzoga

Mutore Isaac ukoresha amazina ya ‘Sankara da Premier’ mu bijyanye no gusobanura filime, yagaragaraje uburyo uburwayi n’urupfu rwa mukuru we, Nkusi Thomas wari uzwi nka ‘Yanga’ byatumye yakira agakiza anafata icyemezo cyo kureka inzoga burundu.

Uyu musore avuga ko nyuma yo kumushyingura, amagambo yabwiwe n’umwana wa Yanga ndetse n’inzozi yagize nyuma yaho, byatumye afata icyemezo cyo kureka inzoga ndetse ubu agiye kuzuza imyaka ibiri aziretse.

Ati “Ubwo twari tumaze gushyingura, umwana wa Yanga twahuriye mu rugo arambwira ati ‘Uncle, data azagaruka ryari? Azongera kutujyana koga muri piscine?’, Nashatse ibintu mubeshya mbica ku ruhande, urebye uwo mwana ni nawe watumye ndeka inzoga.”

Sankara avuga ko ubu agiye kumara imyaka ibiri aretse inzoga ndetse agikomeje imirimo ye yo gusobanura filime aho yewe yanatangiye kuzikina ahereye mu yitwa “My Heart” ica ku muyoboro wa YouTube.